Bohoka

Bohoka ni urubuga rutanga amakuru ajyanye n’aho wakura ubufasha ku buzima bwo mu mutwe ndetse n’inama z’uko wabwitaho. Uru rubuga ushobora kubona imyirondoro yinzobere mu buzima bwo mu mutwe mushobora kuganira ukababaza n’ibibazo ku buzima bwo mu mutwe. Ushobora no gusoma inama zifatika z’uburyo wakwita ku buzima bwawe bwo mu mutwe.

image

Ese ubuzima bwo mu mutwe ni iki?

Ubuzima bwo mu mutwe bishatse kuvuga ubuzima bujyanye n’intekerezo, amarangamutima, ndetse n’imibanire n’abandi. Bugizwe n’ibice bitatu.

  • Amarangamutima: ingero z’amarangamutima dushobora kugira ni agahinda, ibyishimo, kurakara, kunezerwa, no gukunda. Amarangamutima yose akomoka mu buzima bwo mu mutwe.
  • Ibitekerezo: Gutekereza bitugirira umumaro mu gufata ibyemezo, kwiga, gupanga gahunda, no gukora ibikorwa byiza. Abantu bafite ibikererezo byiza baba bagira ubuzima bwiza bwo mu mutwe.
  • Imyitwarire: Ibikorwa dukora biyoborwa n’intekerezo ndetse n’amarangamutima. Kugira ubuzima bwiza bwo mu mutwe bituma dutekereza neza bityo ibikorwa byacu n’imibanire yacu n’abandi bikaba byiza

Uko wamenya indwara zo mu mutwe

Umubare munini w’abantu ku isi bafite indwara zo mu mutwe, kandi iyo mibare ikomeje kwiyongera. Dore bumwe mu buryo wakoresha ngo umenye ibimenyetso by’indwara zo mu mutwe

image
Indwara y’agahinda gakabije

Agahinda gakabije ni indwara ikunda kurangwa no kugira agahinda kenshi igihe kinini, ndetse niho izina ryayo ryaturutse.

image
Indwara y’umuhangayiko

Umuhangayiko ni indwara irangwa no kugira ubwoba bw’ibintu runaka cyangwa guhangayikira ibintu runaka ku rwego rukabije.

image
Indwara y’ihungabana

Ihungabana ni indwara irangwa ahanini no kunanirwa gukira igikomere umuntu yatewe n’ibyo yanyuzemo cyangwa yabonye.

image
Indwara ituma umuntu asa n’aho yibereye mu isi ye

Gutandukana n’ibiri ku isi ni indwara irangwa no gutakaza ubushobozi bwo gutandukanya ibiri kuba n’ibitari kuba mu isi.

image
Kubatwa n’ibiyobyabwenge

Kubatwa n’ibiyobyabwenge ni indwara irangwa no kunanirwa kwiyobora mu buryo ukoresha ibintu runaka.

image

Menya ibindi

Menya kurushaho ibimenyetso by’indwara zo mu mutwe
image

Hura na Muganga Solange

““Iyo abantu bahuye n'ihungabana cyangwa imihangayiko ikabije y'ubuzima, birasanzwe ko ubuzima bwabo buhinduka. Mfite ishyaka rikomeye ryo gufasha abantu bahuye n’ibibahungabanya ndetse bikabahangayikisha bagakira. Mfasha abangana barimo abana, abakuze n’imiryango kwiyakira no kwikunda, ndetse no kunoza imibanire yabo n’abandi kugira ngo babashe kumva bafite amahoro, buzuye kandi batekanye. Mfite impamyabushobozi y’ikirenga mu kuvura indwara z’imitekerereze, nakuye muri kaminuza ya Ryokan i Los Angeles, impamyabumenyi mu bijyanye n’ubujyanama ku buzima bwo mu mutwe nakuye muri kaminuza y’u Rwanda“

Inama zagufasha kugira imitekerereze myiza n’ubuzima bwiza bwo mu mutwe

1. Imyitozo ngororamubiri

Kugendagenda cyangwa gukina bigabanya siteresi kandi bikaruhura ndetse bigakangura ubwonko. Gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho bituma utekereza neza, ugashyira ibitekerezo hamwe ndetse ukabaho utuje.

2. Imitekerereze inoze

Ruhura ubwonko kandi utuze. Kwandika mu ikaye bigufasha gushyira ibitekerezo byawe ku murongo, ndetse no kumva umuziki utuje cyangwa kunywa icyayi gishyushye byagufasha kuruhuka no kugira ibitekerezo byiza.

3. Gusinzira neza

Gusinzira bihagije buri joro bituma ukora imirimo yawe neza, ndetse ukabona umwanya w’inshuti, gukora ibyo ukunda ndetse no kuruhuka. Bikangura ubwonko, bigatuma bukora neza ndetse bikabufasha kwibuka. Ingimbi zigomba gusinzira amasaha 8-10 mu ijoro, naho abafite imyaka 20 kuzamura bagasinzira amasaha 7.

4. Imirire

Kugira ngo umubiri ukore neza, ukenera intungamubiri nyinshi. Kurya neza bivuga kwishimira ibyo ugiye kurya, ugasangira n’inshuti zawe ukagerageza ibiryo bishya utari uzi, kandi ukibuka kurya indyo yuzuye igihe cyose bishoboka.

Bimwe mu bibazo twabajijwe

Dore bimwe mu bibazo twabajijwe n’urubyiruko nkawe ndetse n’ibisubizo byabyo. Nturi bubashe kwandika ubaza ikibazo cyawe ariko ushobora guhitamo mu bibazo byose byabajijwe n’urubyiruko bagenzi bawe ukareba ibisubizo byabyo.

Ni iki gitera indwara zo mu mutwe?

Kugeza ubu igitera indwara zo mu mutwe ntikiramenyekana. Gusa ikizwi ni uko hari ibintu byinshi byongera ibyago byo kugira indwara zo mu mutwe… Soma ibindi

Ese ko nta nshuti ngira, byaba bivuze ko ndwaye indwara yo mu mutwe?

Ntabwo byoroshye kwemeza ko umuntu afite indwara yo mu mutwe agendeye ku kimenyetso kimwe...Soma ibindi

Ni gute nafasha mugenzi wanjye ufite ibibazo byo mu mutwe?

Bikunze kubaho ko usanga umuntu afite inshuti cyangwa umuvandimwe ufite ikibazo kijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, Kugira ngo dufashe uwo muntu, tugomba kubanza kumenya uko twakwita ku buzima bwacu bwo mu mutwe… Soma ibindi

Ese kugira umujinya mwinshi ni kibazo cyo mu mutwe?

Iyo umuntu agira umujinya mwinshi adashobora guhagarika, ndetse uwo mujinya ugahora umuteza ibibazo ahantu h’ingenzi nko ku ishuri, mu rugo, cyangwa ku kazi… Soma ibindi

Turi hano ngo tugufashe

Niba wowe cyangwa undi uzi afite ibibazo byo mu mutwe, dushobora kubafasha. Kanda hano usabe ubufasha